• Address: KN 3Rd/ KN 1 St, Charity House
  • +250 784 609 286

Dore amwe mu mateka yaranze ubuzima bwa Musenyeri Nicodème Nayigiziki

Musenyeri Nicodème Nayigiziki yitabye Imana mu rukerera rwo ku wa Kabiri tariki 4 Nyakanga 2023.

Amakuru yatangajwe na Arikidiyosezi ya Kigali avuga ko Musenyeri Nicodème Nayigiziki, yitabye Imana afite imyaka 94 y’amavuko. Gahunda yo kumuherekeza n’igitambo cya Misa izaba ku wa Kane tariki ya 6 Nyakanga 2023, muri Kiliziya ya Paruwasi Regina Pacis i Remerasaa saa tanu (11h00).

Incamake y’ubuzima bwa Musenyeri Nicodème Nayigiziki

Musenyeri Nicodème Nayigiziki, yavutse mu 1929 muri Paruwasi ya Kayenzi, muri Diyosezi ya Kabgayi. Ababyeyi be ni Thomas Rwalinda na Gaudence Nyiragatwakazi.

Yahawe Isakramentu rya Batisimu tariki ya 27 Kamena 1936 i Kabgayi, ahabwa Isakramentu ry’Ugukomezwa tariki ya 27 Kamena 1936 i Kabgayi. Amashuri abanza yayize ku ishuri rya Bunyonga kuva mu 1938 kugeza 1943. Amashuri yisumbuye yayize i Kabgayi mu Iseminari nto ya Mutagatifu Lewo kuva 1943 kugeza 1949. Iseminari Nkuru yayize mu Nyakibanda kuva mu 1949 kugeza 1959. Yahawe isakramentu ry’Ubupadiri tariki 30 Werurwe 1959.

Ubutumwa bunyuranye yakoze

Mu 1959 yabaye Padiri wungirije (Vicaire) muri Paruwasi ya Kibungo, anashinzwe amashuri Gatolika.

Mu 1963 yabaye Vicaire muri Paruwasi ya Rutongo.

Mu 1964 yabaye Padiri wungirije (Vicaire) muri Paruwasi Cyeza na Vicaire muri Paruwasi Mutagatifu Mikayile.

Mu 1966 yabaye Padiri Mukuru wa paruwasi Sainte Famille.

Mu 1976 yabaye Umuyobozi w’Iseminari nto ya Saint-Paul.

Mu 1979 yabaye Padiri Mukuru wa Paruwasi Mutagatifu Mikayile.

Mu 1995 yabaye Umunyamabanga wa Arkidiyosezi ya Kigali.

Mu 1997 yabaye Padiri Mukuru wa paruwasi Musha.

Mu 2007 yabaye Vicaire muri paruwasi Mutagatifu Mikayile

Mu 2016 yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru muri Archevêché

Musenyeri Nicodème Nayigiziki yitabye Imana afite imyaka 94 y’amavuko, akaba yari amaze imyaka 64 ahawe Isakaramentu ry’Ubupadiri.

 

Leave A Comment